• Call Us 0781653895
  • Login
Rules and Regulations

AMATEGEKO N’AMABWIRIZA AGENGA IMICO IMYITWARIRE Y’ABANYESHURI BIGA MU ISHURI RY’IGIHOZO SAINT PETER SECONDARY SCHOOL

INTANGIRIRO

Mu mibanire y’abantu baba hamwe cyangwa abagize itsinda runaka , kugira ngo babane mu bwumvikane no mu mahoro ntawe ubangamiye undi, ni ngombwa ko habaho amabwiriza n’amategeko abagenga.
Ni muri urwo rwego abarererwa mu ishuri ryitiriwe Mutagatifu Petero « IGIHOZO» bashyiriweho amabwiria n’amategeko abagenga kugira ngo batozwe uburere bunoze, bubereye igihugu na Kiliziya no kugira ngo bazavemo abantu b’ingirakamaro mu mibereho yabo ya buri munsi.
Kubera iyo mpamvu aya mabwiriza n’amategeko ntabereye ho kubaremerera ahubwo ni ayo kubategurira kuba abaturage bajijutse, bashoboye, kandi bafite imyifatire n’imyitwarire myiza.
Ubufatanye hagati y’abarezi, ababyeyi n’abanyeshuri ni ingenzi kugira ngo aya mategeko yubahirizwe.
Iyi nyandiko igizwe n’ibice bibiri by’ingenzi :
  1. Amategeko n’amabwiriza agenga imyifatire rusange y’abanyeshuri biga mu ishuri ry’ IGIHOZO SAINT PETER SECONDARY SCHOOL.
 Iki gice kigaragaza ku buryo burambuye amategeko n’amabwiriza agenga imyitwarire rusange : nko mu ishuri, aho barira, aho  barara, aho basengera n’ahandi hose umunyeshuri yaba ari. Gikubiyemo kandi amategeko n’amabwiriza agena uburyo bwo gukora imirimo rusange no gufata neza ibikoresho, kwinjira no gusohoka mu kigo, gukora imyitozo nyunganiranyigisho n’ibindi.
 
       2. Ibirebana n’ibihano

Iki gice kigaragaza umubare w’amanota n’ibindi bihano bihabwa umunyeshuri warenze nkana ku mategeko n’amabwiriza agena imico n’imyitwarire y’ abanyeshuri biga mu ishuri ry’IGIHOZO SAINT PETER SECONDARY SCHOOL.
 
I. AMATEGEKO N’AMABWIRIZA AGENGA ABANYESHURI BIGA MUISHURI RY’IGIHOZO SAINT PETER SECONDARY SCHOOL
 
UMUTWE WA MBERE: IMYIFATIRE RUSANGE
 
INGINGO YA 1:
Aya mategeko agenga gusa abanyeshuri biga mu ishuri ry’IGIHOZO SANT PETER SECONDARY SCHOOL
 
INGINGO YA 2:   
Igihe umunyeshuri yakoze ikosa, ni byiza guca bugufi,    kuvugisha ukuri no gusaba imbabazi.

INGINGO YA 3: 
a) Umunyeshuri wese ategetswe gutunga no kugendana aho ari hose ikarita y’ishuri
 b) Buri munyeshuri ategetswe kwerekana cyangwa gutanga  ikarita yavuzwe haruguru igihe cyose abisabwe n’umurezi. 

INGINGO YA 4:
a) Buri munyeshuri agomba kwiyubaha, kubaha no kubahisha ishuri arerererwamo.
 b) Abanyeshuri bose bagomba kubaha abarezi, abakozi n’abayobozi b’ishuri.
c) Buri munyeshuri agomba kwisobanura mu kinyabupfura igihe abajijwe ibijyanye n’imyifatire ye

INGINGO YA 5:
a) Ibirego binyuranye, gusaba kurenganurwa, no kwaka ibisobanuro bishyikirizwa umuyobozi w’ikigo binyujijwe kubashinzwe imyigire n’imyifatire.   
b) Abahagarariye abanyeshuri mu nzego zinyuranye ni bo bemerewe kugeza ku bayobozi b’ishuri ibibazo cyangwa ibyifuzo rusange; naho ufite ikibazo cyihariye agishyikiriza uwo kireba kandi mu mucyo.
c) Kumanika cyangwa gutanga amatangazo bikorwa n’ubuyobozi bw’ishuri, naho umunyeshuri ushaka kubikora abisabira uruhushya.
d) Itumanaho hagati y’abanyeshuri n’ababyeyi rikorerwa muri discipline kuri telephone zabugenewe. Ahandi rishobora gukoreshwa ni kwa muganga w’ikigo nawe yabiherewe uburenganzira. Ahandi hose hatari ahavuzwe haruguru ntihemewe.

INGINGO YA 6:
a) Buri munyeshuri ategetswe kwambara umwambaro w’ishuri (uniforme); igihe cyose keretse igihe cyo gukina n’igihe cy’imirimo y’amaboko.
b) Buri munyeshuri ategetswe kwambara neza umwambaro w’ishuri usukuye kandi atebeje.
c) Imipira yo kwifubika (uniforme) yambarwa mu gihe cy’imbeho cyangwa igihe umunyeshuri abifitiye uruhushya.

INGINGO YA 7:
a) Kwifata neza kw’umunyeshuri kujyana n’inyogosho n’imyambarire ibereye. Birabujijwe gutereka imisatsi, kuyinyereza no kuyiboha cyangwa kugira inyogosho idakwiye.
B) Birabujijwe gusiga amabara ku minwa, ku nzara, ku ngohe, kwambara amaherena, imyenda ifashe ku mubiri, amajipo magufi, amapantaro afunze hasi, ingofero, amasheneti, udukomo, furari n’ibindi bidakwiye.
 
INGINGO YA 8:
Ni ngombwa gukora buri kintu mu gihe cyacyo n’aho kigomba gukorerwa. Buri munyeshuri ategetswe kubahiriza igihe muri gahunda zose (kubyuka, gusenga, mu ishuri, kuri rassemblement, ku ifunguro, gukina, kuryama, n’izindi).

INGINGO YA 9:
Ni ngombwa ko gahunda zose zibanzirizwa n’isengesho : kubyuka, kurya, gutangira amasomo, gutangira inama
  1. Kubaha imyemerere ya mugenzi wawe ni itegeko.
 
UMUTWE WA KABIRI : IMYIFATIRE MU ISHURI

INGINGO YA 10: 
Umuneyshuri agera mu ishuri mbere ya mwarimu, kandi agasohoka nyuma ye.
 
INGINGO YA 11:
a) Mu ishuri umunyeshuri aguma mu mwanya yahawe; ntagomba kuwuhindura atabiherewe uburenganzira n’ababishinzwe.
b) Gusohoka hagati mu masomo ntibyemewe kuko bituma umunyeshuri atakaza igihe hanze ntakurikire ibyo mwarimu yigisha.
c) Gusinzira mu ishuri yaba mwarimu aririmo cyangwa ataririrmo ntibyemewe.
d) Kubaha ibikoresho usanze mu ishuri utabyangije ni itegeko ( intebe z’ishuri, kwanduza ishuri wandika ku nkuta, amatara, ibirahure n’ibindi)

INGINGO YA 12:
a) Igihe cyose ishuri rigomba guhorana isuku kandi igakorwa mu gihe kitabangamiye amasomo. 
b) Babifashijwemo n’ababishinzwe, abanyeshuri bagomba kugira gahunda yo gusukura ishuri. (Guhanagura ikibaho, gukubura, gukoropa,…)
c) Nta wemerewe guta impapuro cyangwa indi myanda aho abonye; bishyirwa ahabugenewe.

INGINGO YA 13:
Iyo umwarimu, umuyobozi cyangwa undi mushyitsi yinjiye, abanyeshuri barahaguruka bakamusuhuza.

INGINGO YA 14:

Igihe cyo gusubiramo amasomo (private study), umunyeshuri agomba kuba mu ishuri rye, mu mwanya we, akahagerera ku gihe, akubahiriza gahunda ntaranagare cyangwa ngo arangaze abandi.
  1. Igihe umunyeshuri yasibye hari impamvu izwi n’ubuyobozi agomba kwinjira abanje kwerekana urupapuro rusobanura aho avuye.
     c. Umunyeshuri ahabwa icyemezo « justification» gusa umunsi yarangirijeho uruhushya yahawe kandi abanje                 kwerekana urupapuro rw’uruhushya.
     d. Gusohoka hagati mu gihe cyo gusubiramo amasomo (private study) ntibyemewe.
     e. Kwigira mu matsinda bisabirwa uruhushya mu buyobozi bushinzwe imyitwarire.

INGINGO YA 15:
Igihe umwarimu yasibye cyangwa yakererewe, abanyeshuri babifashijwemo n’ababahagarariye, bagomba kubimenyesha ubuyobozi kandi bagatuza bagasubira mu byo bize; ntibakwiye guta igihe basakuza, batembera mu ishuri cyangwa hanze.

INGINGO YA 16:
Umwarimu afite uburenganzira bwo kubaza abanyeshuri abatunguye kubyo bize.   Naho isuzuma rusange riteguzwa abanyeshuri mbere yuko riba. Nta munyeshuri wemerewe kwanga umukoro cyangwa isuzumabumenyi ryatanzwe.
  1. Buri munyeshuri ategetswe  gukora isuzumabumenyi ku giti cye; birabujijwe gukopera, gukopeza abandi cyangwa gukorera undi isuzuma bumenyi cyangwa ikizamini. 
            
UMUTWE WA GATATU: IMIRIMO N’IBIKORESHO.
 
INGINGO YA 17:
Ni byiza kugira umuco wo kwibwiriza gukora neza icyiza mu gihe cyacyo. Niyo mpamvu abanyeshuri bagomba gutozwa no kwitoza kugira umurimo unoze, ndetse no kugira uruhare rugaragara mu gufata neza ibyabo n’ibya rusange. Kwangiza cyangwa gutakaza ibikoresho by’ishuri cyangwa iby’abandi bihanishwa kubyishyura hakiyongeraho n’ibindi bihano.

INGINGO YA 18: 
a) Nta munyeshuri wemerewe kujyana cyangwa gutunga   umupira wo gukina mu ishuri cyangwa aho barara. Nyuma yo gukina, imipira ibikwa ahabugenewe.
b) Nta munyeshuri wemerewe gutunga igitabo cy’ishuri atabifitiye uruhushya.
c) Umunyeshuri igihe ari ku ishuri ntiyemerewe gutunga mudasobwa, telefoni, radiyo, ipasi, ibyuma bishyushya amazi, ibyuma bifotora, ibikoresho bikomeretsa umubiri n’ibindi.

INGINGO YA 19:
a) Isuku ni ngombwa k’ubuzima. Niyo mpamvu dukwiye kugira  isuku k’umubiri, ku myambaro, aho dufatira ifunguro, aho turara, mu bwiherero n’ahandi. Ni muri urwo rwego buri munyeshuri agomba kubahiriza igihe cyo gukora isuku kandi akayikora neza.
b) Buri munyeshuri agomba gufata neza ibikoresho by’isuku  kandi akabishyira mu bubiko bwabyo igihe imirimo y’isuku irangiye.

INGINGO YA 20:
Imirimo yihariye y’isuku (kwiyuhagira, kumesa, kwanika imyenda…) ikorwa igihe cyagenwe kandi igakorerwa ahantu habugenewe.
 
 
UMUTWE WA KANE: AHO BARIRA
 
INGINGO YA 21:
a) Buri munyeshuri ategetswe kuguma mu mwanya yahawe n’ubuyobozi ku meza igihe cyo gufungura.
b)  Umunyeshuri ategetswe kujya gufata amafunguro hamwe n’abandi mu nzu bafunguriramo, kandi agomba kuhagaragariza ikinyabupfura. Nta munyeshuri wemerewe kwiyiriza.
c) Umunyeshuri uhagarariye abandi atera isengesho mbere yo gufata amafunguro; na nyuma yo gufungura. Ni ngomba gutuza mu gihe cy’isengesho.
d) Ku meza, buri wese agira isahani, ikanya n’igikombe. Birabujijwe rwose gusangirira ku isahani imwe cyangwa kurira mu byo bazanamo amafunguro.
e) Ni ngombwa gusukura ibyakoreshejwe ku meza (amasahani, amakanya, ibikombe, ameza,…)
f) Igihe hagaragaye ikibazo, uhagarariye abandi ku meza abimenyesha ababishinzwe. Nta wundi munyeshuri wemerewe kujya mu gikoni.

INGINGO YA 22:
a) Ifunguro ni rimwe kuri bose: nta biribwa cyangwa ibinyobwa biturutse hanze byemewe kwinjizwa aho bafatira amafunguro.
b) Kwanga ibiribwa ntibyemewe kandi nta wemerewe gufatira ifunguro ahandi (mu ishuri, aho barara,….)
 
UMUTWE WA GATANUAHO BASENGERA
 
INGINGO YA 23:
a) Buri munyeshuri agomba kugira aho asengera hazwi kandi hemewe n’ubuyobozi bw’ishuri.
b) Nta munyeshuri wemerewe guhindura aho asengera atabiherewe uruhushya n’ababyeyi be kandi ubuyobozi bw’ishuri bukabimenyeshwa.
c) Nta munyeshuri wemerewe gusiba isengesho

INGINGO YA 24:
a) Buri wese ategetswe kubaha aho basengera (chapelle, urusengero). Birabujijwe kuhaganirira cyangwa kuhakorera indi mirimo inyuranye no gusenga.
b) Buri wese ategetswe kudatesha agaciro ibimenyetso n’ibikoresho bitagatifu (Bibiliya, umusaraba, amashusho,…) byifashishwa mu gusenga.
c) Mu gihe cyo gusenga, ni ngombwa rwose gukurikiza gahunda yateganyijwe.
 
UMUTWE WA GATANDATUAHO BARARA

INGINGO YA 25:
a) Buri munyeshuri ategetswe kurara ku gitanda cye. Birabujijwe kurarana no kwicarana ku gitanda kimwe cyangwa guhindura imyanya y’ibitanda.
b) Ituze aho barara ni ngombwa kuko ni ahantu hakwiye kubahwa; kandi buri wese aba akeneye kuruhuka. Birabujijwe kuganirira aho barara no kuhakorera indi mirimo.                               
c) Nta munyeshuri wemerewe gusigara aho barara atabifitiye uruhushya.
d) Mbere yo gusohoka aho barara, buri munyeshuri agomba gusiga ashashe neza uburiri bwe.
e) Birabujijwe kumesera muri dortoir.
f) Kurira cyangwa kunywera muri dortoir ntibyemewe.
 
UMUTWE WA KARINDWI  :  KWINJIRA, GUSOHOKA NO GUSURWA MU KIGO

INGINGO YA 26:
Umunyeshuri uvuye hanze y’ikigo ku mpamvu iyo ariyo yose, agomba kubimenyesha ababishinzwe mbere yo kwinjira mu kigo. Ntawemerewe kugira ahandi ajya atarasubiza uruhushya.
N.B: Umurezi, umubyeyi uhuye n’umuneyshuri hanze y’ikigo afite uburenganzira bwo kumubaza urupapuro rw’uruhushya. Iyo arubuze amwaka ikarita y’ishuri akayishyikiriza abashinzwe imyitwarire bakamukurikirana.

INGINGO YA 27:
a) Abanyeshuri basurwa ku cyumweru cya kabiri cy’ukwezi. Umubyeyi cyangwa undi muntu ukeneye umunyeshuri ku yindi minsi, abisabira uruhushya mu buyobozi bw’ishuri. 
b) Nta mubyeyi cyangwa undi muntu wemerewe kwinjiza mu kigo ibiryo bitetse cyangwa ibinyobwa igihe yasuye umunyeshuri.
c) Umunyeshuri abujijwe kwinjiza abantu mu kigo atabiherewe uruhushya n’ubuyobozi bw’ishuri.
d) Abashyitsi bakirirwa mu kigo; kandi nta wemerewe gusohokana umunyeshuri hanze y’ikigo igihe yamusuye.

INGINGO YA 28:
Inyandiko n’ubundi butumwa bigenewe abanyeshuri binyuzwa mu buyobozi bw’ishuri.

INGINGO YA 29:
 a) Umunyeshuri wifuza gusohoka hanze y’ishuri asaba uruhushya ku babishinzwe kandi akagenda yambaye umwabaro w’ishuri.
b) Igihe umurezi ahuye n’umunyeshuri hanze y’ikigo, amubaza uruhushya; yarubura akabimenyesha abashinzwe imyitwarire.

 INGINGO YA 30
Umunyeshuri usohotse hanze y’ikigo nta ruhushya arabihanirwa by’intanga rugero.             
 INGINGO YA 31:
a) Igihe ari ngombwa, ubuyobozi bw’ikigo butanga uruhushya kuri bose rwo gutembera hanze y’ikigo, ariko hagomba kubahirizwa isaha yo gutaha.
c) Igihe umunyeshuri yasohotse hanze y’ikigo mu rwego rwo gutembera, agomba kurangwa n’indangagaciro z’umwana warezwe neza: Ntagomba kujya mu kabari, mu kabyiniro mu nzu berekaniramo amafirimi, mu nzu z’uburiro (restaurant, mu nzu zitegerwamo( betting) n’ahandi hadakwiriye umunyeshuri.
 
 
UMUTWE WA MUNANI  : IMYITOZO NGORORANGINGO
 
   INGINGO YA 32:
a) Gukora neza imyitozo ngororamubiri biruhura ubwonko. Ubwigunge n’ubunebwe ni ibyo kwamagana.
b) Buri munyeshuri agomba kugira umukino akina ku buryo buzwi kandi akawitabira.
c) Buri munyeshuri agomba kugaragaza ubushake bwo                                    kwiyunga na mugenzi we bagiranye ikibazo mu   mikino « Fair-play ».
 
d)  Buri munyeshuri agomba gukora sport yambaye imyenda ya sport yabugenewe bigendanye n’icyiciro yigamo.
 
UMUTWE WA CYENDA :   AMATSINDA NYUNGANIRAMASOMO

INGINGO YA 33:
a) Buri munyeshuri agomba kugira itsinda ryo kwiyungura ubumenyi (club y’indimi, club de science,…) abarizwamo  kandi akaryitabira.
b) Buri munyeshuri agomba kuba muri rimwe mu matsinda y’urubyiruko yemewe n’ubuyobozi bw’ishuri (imiryango ya agisiyo gatolika n’iyindi) ahuriramo n’abandi.
 
II. IBIREBANA N’IBIHANO
Ibi bihano biteganijwe icyo bigamije si uguhana umwana gusa ahubwo ni no kumugorora ndetse no kumurera neza. Igihe umunyeshuri aguye mu ikosa asabwa guca bugufi, agacisha make akumva inama agirwa akihatira gusaba imbabazi no guhinduka kuko bishobora no kumugabanyiriza ibihano. Agomba rero kwakira inama cyangwa igihano ahawe kuko biba bigamije ineza ye. Ni ngombwa rero ko n’ababyeyi bafasha abanyeshuri kumva neza no kumvisha umunyeshuri iyi ngingo.

Dore bimwe mu bihano biteganyijwe :

A. KU BIREBANA N’AMASOMO

INGINGO YA 34:
Abanyeshuri bahanishwa gukurwaho amanota atatu (3) ya « conduit» cyangwa igihano nsimburamanota iyo bakoze amakosa akurikira:
 
  1. Kutubahiriza igihe n’aho ibintu bikorerwa
  2. Gusohora intebe cyangwa ameza atabiherewe uburenganzira
  3. Kudatebeza
  4. Kugendagenda mu ishuri nta ruhushya
  5. Kutubahiriza amabwiriza yo mu isomero
  6. Kutambara umwambaro w’ishuri uko biteganyijwe
  7. Kutitabira imyitozo ngororamubiri
 
INGINGO YA 35:
Abanyeshuri bahanishwa gukurwaho amanota atanu (5) igihe bakoze ibi bikurikira:
  
  1. Gusohoka mu ishuri nta ruhushya
  2. Kutitwaza ikarita y’ishuri
  3. Gusakuza, kurangara cyangwa kurangaza abandi haba mu masomo cyangwa ahandi ( mu isengesho, muri dortoir n’ahandi biri ngombwa
  4. Gusinzira mu ishuri
  5. Guhindaguranya imyanya( mu ishuri ,aho barara, muri refectoir)
  6. Gusakuriza mwarimu mu ishuri
  7. Kudakora isuku aho ushinzwe (traveaux)
  8. Gusiba (amasomo, misa, étude, isengesho, umuryangoremezo, sport , clubs, itorero cg movement d’actioncatholique, kurya) ntaruhushya
  9. Kurira mu bikoresho bazanamo ifunguro
  10. Kutandika notes igihe mwarimu ari kwigisha
  11. Gukoresha ibikoreshoby’ishuri mu buryobunyuranyijwen’amategeko.
  12. Kujarajara hanze abandi barigusenga cyangwa bari kwiga
  13. Gukererwa gutangira igihembwe nta mpamvu
  14. Gutizanya umwambaro w’ishuri
  15. Gusigara aho barara nta ruhushya
INGINGO YA 36
Abanyeshuri bahanishwa gukurwaho amanota umunani (8) cyangwa igihano nsimburamanota igihe bakoze ibi bikurikira:
  1. Kurira ahatabugenewe
  2. Gusangira no gufatanya ibikoresho byokumeza kimwe no kurarana ku gitanda kimwe.
  3. Gutahana igitabo cy’ishuri atabifitiye uburenganzira
  4. Gutesha agaciro ibikoresho, gahunda “horaire” by’ishuri, cg kubikoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
  5. Kutagira isuku mu myambarire, no kumubiri (inyogosho itemewe, gusiga
Inzara n’ibindi)
  1. Gufata nabi ibikoresho by’ishuri
  2. Kumesera, gukarabira, kwihagarika ahatabugenewe.
INGINGO YA 37
Umunyeshuri ashobora gutumwa umubyeyi cyangwa akishyura riha ibyo yangije igihe akoze akanakurwaho amanota icumi (10) igihe yakoze ibi bikurikira:
  1. Gukora ikosa inshuro ebyeri mu ma kosayo mu ngingoya 35 n’iya 36
  2. Gutesha agaciro ibirango by’igihugu n’ibya kiliziya
  3. Kwangiza ibikoresho by’ishuri kubushake
  4. Gusuzugura umurezi cyangwa undi mukozi w’ishuri
  5. Kugirana communication n’abakozi b’ishuri utabifitiye uruhushya
  6. Kugabanya umwambaro w’ishuri utabiherewe  uruhushya
  7. Gusebya mugenzi wawe
  8. Kudafata notes
  9. Gukorera amasengesho mu matsinda atazwi n’ubuyobozi bw’ishuri. 
  10. Gutesha agaciro aho basengera
  11. Guhinduranya amadini
  12. Kwinjiza abantu batazwi ntaruhushya.
INGINGO YA 38: 
Umunyeshuri aha bwa igihe cy kwitekerezaho, agatumwa umubyeyi, akishyura ibyo yangije cyangwa akamburwa ibikoresho bitemewe yafatanywe kandi agakurwaho amanota cumi n’atanu (15) igihe yakoze ibi bikurikira:
 
  1. Kwanga gukora isuzumabumenyi ryatanzwe na mwarimu (ahabwa zero muri iryosomo
  2. Guhabwa week-end iyo ariyo  yose
  3. Gutuma no kwinjiza ibiribwa cyangwa ibinyobwa biturutse hanzey’ishuri.
  4. Gukorera undi isuzumabumenyi cg ikizamini
INGINGO YA 39: 
Iyi ngingo igizwe n’amakosa ashobora gutuma umunyeshuri yirukanwa burundu agahabwa amanota atagejeje ku cya kabiri (echec) mu myitwarire ndetse akanishyura ibyo yangije cyangwa se agakurikiranwa n’izindi nzego zibifitiye ububasha
  1. Gukora inshuro ebyeri ikosa ryo mu ngingo ya 38
  2. Gukopera
  3. Gutunga/gufatanwa telephone cg radio ndetse n’ibyuma bifotora
  4. Gukwiza ibihuha, umwukamubi,inyandikompimbano, iterabwoba
  5. Kugumura abandi
  6. Kwigaragambya, kwigomeka ku buyobozi, guteza imidugararo
  7. Kwiba
  8. Gusohoka hanze y’ikigo utabiherewe uruhushya
  9. Guhohotera /gukubita umunyeshuri mugenzi wawe (urugomo rukabije)
  10. Kurara hanze y’urugo nta ruhushya
  11. Gusambana cyangwa izindi nzira ziganisha ku busambanyi
  12. Kunywa cg gufatanwa ibiyobyabwenge
  13. Kugaragaza ingengabitekerezo ya Genocide
  14. Guhabwa week-end cyangwagutumwaumubyeyiinshurozirenzeebyiri (2) mu mwaka.
UMWANZURO

Igihe cyose umunyeshuri afatiwe mu ikosa ahabwa inama kandi akihanangirizwa mbere yo guhanwa. Aya mategeko abereyeho kugorora no kurera neza abana b’u Rwanda. Umunyeshuri wemeye guca bugufi agasaba imbabazi ashobora kugabanyirizwa igihano. Utsimbarara ku mafuti ye cyangwa ikosa rye ashobora gutuma igihano kiyongera. Ikindi kandi kandi umunyeshuri wubahirije amabwiriza n’amategeko uko abisabwa, ahabwa ishimwe rigaragara mu manota ya discipline ahabwa.

Bikorewe i Nyanza, kuwa 25/09/2023,

Padiri DUSHIME Robert
Umuyoboziw’ishuri ry’IGIHOZO SAINT PETER SECONDARY SCHOOL
 

 

 
Developed by Mix Venture Ltd